Ikinyarwanda

Ikibazo gihari

Hari imvugo nyinshi zivuga uko imiti (ikintu cyose ukora kugirango ubuzima bwawe bugende neza) ikora kandi izi mvugo ntizizewe. Abantu benshi ntibazi uko bagenzura ireme z’imvugo zerekeye uko imiti ikora. Ibi bituma abantu bahitamo nabi bigatuma bangiza umutungo wabo ndetse bikagira ingaruka ku buzima bwabo. Inyigisho nyinshi zivuga icyo ugomba gutekereza (gufata ibintu mu mutwe) aho kwigisha uko ugomba kubitekerezaho.

Igisubizo cyacu

Umushinga w’ Amahitamo y’ubuzima ashingiye ku makuru  n’ubufatanye mpuzamahanga bw’abantu bafite ubumenyi  butandukanye. Dukora kandi tugasuzuma inyigisho zigamije gufasha abantu gutekereza imvugo z’abantu ku byerekeye imiti kugirango bakore amahita ashingiye ku makuru. Twahereye ku nyigisho zagenewe abana bo mu mashuri abanza, tukaba tuzakurikizaho iz’amashuri yisumbuye ndetse na Kaminuza.

Ibitabo byo kwigisha biri mu Kinyarwanda

School book

Igitabo cy’amahitamo y’ubuzima: Kwiga gutekereza neza ibyerekeye imiti

Iki gitabo cy’abana bo mu mashuri abanza kigizwe n’inkuru ishushanyije, imikoro, imyitozo ndetse n’inkoranya y’amagambo akoreshwa.


Exercise book

Imfashanyigisho ya mwarimu
Iyi mfashanyigisho igizwe na gahunda yuko isomo ritegurwa. Igamije gufasha mwarimu gukoresha igitabo cy’amahitamo y’ubuzima.


Workbook

Igitabo cy’imyitozo

Iki gitabo kigizwe n’imyitozo iri mu gitabo cy’amahitamo y’ubuzima.


Cards

Ikarita y’umukoro
Urupapuro rw’umukoro rukoreshwa mu isomo rya 7 ry’igitabo cy’amahitamo y’ubuzima. Uyu mukora wakorewe kwerekana uko kugereranya bishobora kuyobya abantu.


Poster

Urutonde rukubiyemo iby’ingenzi

Uru rupapuro rugaragaza ubutumwa bw’ingenzi buri mu gitabo cy’amahitamo y’ubuzima.


Abantu bakora ibi bitabo mu Rwanda

– NYIRAZINYOYE Laetitia

– MUGISHA Michael

– UWITONZE Anne Marie

– IKIREZI Aline

Bose baba muri Kaminuza y’URwanda, muri Koleji y’ubuvuzi n’ubuzima

Abaterankunga: Inama y’ubushakashatsi ya Norveje

Umuhuzabikorwa: Kaminuza y’URwanda

Abafatanyabikorwa: Minisiteri y’ubuzima, Minisiteri y’uburezi

Uwo wahamagara:

Dr. NYIRAZINYOYE Laetitia, Kaminuza y’Urwanda Ishuri ry’Ubuzima Rusange

Please contact us if you would like high resolution files for printing.

IHC learning resources are in the The eGranary Digital Library, an off-line information store that provides instant access to over 35 million digital resources for those lacking adequate Internet connections.

___

KINYARWANDA / RWANDA

Back to Top